kalendari

May 2013
S M T W T F S
28 29 30 1 2 3 4
5 6 7 8 9 10 11
12 13 14 15 16 17 18
19 20 21 22 23 24 25
26 27 28 29 30 31 1

UBURYO TUGERA KU NTEGO ZACU

HDP ni umuryango nyarwanda , washinzwe n’abahoze ari abakozi b’umuryango mpuzamahanga CORDAID mu RWANDA , hagamijwe gushimangira no gukomeza ibikorwa yari imaze kugeraho ; nyuma yuko gahunda yayo mu Rwanda yari igeze ku musozo .

Uwo muryango HDP , ugizwe n’inzego nyamukuru ebyiri : INTEKO RUSANGE na Comite NYUBAHIRIZABIKORWA , Izo nteko zombi , nizo zitoranya gahunda ikurikizwa , zikanareba ishyirwa mu bikorwa ryayo .

Mu gihe kitari gito , abo bakozi bakorera uwo muryango CORDAID, bagiye biyongera ubumumenyi , cyane cyane mu rwego rw’ubuzima , aho bagize uruhare rugaragara mu guhamya gahunda yo gukora hari intego runaka igamijwe , yagerwaho igaherekezwa n’ igihembo ; Ibyo nibyo mu rurimi rw’amahanga byiswe : ‘Performance Based Financing ‘ (PBF).

HDP rero igera ku ntego zayo , yifashishije ubwo bunararibonye , dore ko ubwinshi muri bwo bwagiye bushyirwa mu nyandiko , kugira ngo birusheho kugira akamaro , ku buryo burambye kandi bwagera ku bantu benshi , haherewe ku byagezweho hirya no hino mu Rwanda .

Ubwo bunararibonye kandi , bwunganirwa n’Ikigo nderabuzima cya HDP , ndetse n’amahugurwa atangwa na HDP hato na hato , aho bugenda busubirwamo , bunononsorwa umunsi ku wundi , bityo bukajyana n’ibihe .

Ni muri izo gahunda zombi ( Ikigo Nderabuzima n’agashami gatanga amahugurwa ) , hakorerwamo ubushakashatsi bunyuranye , bugamije kurushaho gutanga no guteza imbere service zinogeye abazihabwa , cyane cyane ariko mu rwego rw’ubuzima .

HDP , nk’umuryango nyarwanda kandi , Ikorana n’andi mashyirahamwe n’imiryango nyarwanda , itanaretse gukorana n’inzego za Leta , kuko izi ibanga ryo gushyira hamwe : Abishyize Hamwe Ntakibananira .